Mu nyandiko yasohowe nyuma y’iyo nama, hagaragajwe gusa ko “hari ibitekerezo bitandukanye” hagati y’ibihugu biyigize.
Iyi ni inshuro ya kabiri yikurikiranya inama ya BRICS yabereye mu Buhinde inanirwa kugera ku mwanzuro umwe ku ntambara irimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel.
Iyi nama yatangiye ku wa Kane muri Bharat Mandapam i New Delhi, iyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buhinde, Subrahmanyam Jaishankar. Ni nayo nama ya mbere ikomeye yabaye mu gihe u Buhinde buyoboye BRICS muri 2026.
BRICS ni ihuriro ry’ibihugu 10 bikiri kuzamuka mu bukungu, bifatanya mu bibazo by’ubukungu n’umutekano, ndetse bikifuza kongera ijwi ry’ibihugu byo mu majyepfo y’isi mu nzego mpuzamahanga zisanzwe ziyobowe n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi. Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu bya BRICS bazongera guhura muri Nzeri mu Buhinde.
Iyi nama yabaye mu gihe intambara ya Amerika na Israel kuri Iran yari imaze iminsi 77.
Iyi ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare nyuma y’ibitero bya Amerika na Israel byibasiye ibirindiro bya gisirikare bya Iran, ibikorwa bya nucléaire n’ibindi bikorwaremezo. Nyuma yaho, Iran yafunze inzira ya Hormuz ikoreshwa n’amato y’ubucuruzi, ibiciro by’ingufu ku isi birazamuka cyane, ndetse ibiganiro bya dipolomasi birahagarara harimo n’ibyari byabereye i Islamabad muri Pakistan ukwezi gushize. Amerika kandi yashyizeho ibihano byo gukumira amato agana ku byambu bya Iran ku wa 13 Mata.
Iyi nama kandi yabaye mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari mu ruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, urwa mbere rw’umukuru wa Amerika muri Beijing mu myaka hafi 10 ishize. Kubera iyo mpamvu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa Wang Yi ntiyitabiriye, ahubwo igihugu cye gihagararirwa na Ambasaderi Xu Feihong.
Mu bitabiriye iyi nama harimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran Abbas Araghchi, Sergey Lavrov w’u Burusiya, Mauro Vieira wa Brazil, Ronald Lamola wa Afurika y’Epfo ndetse n’abaminisitiri bo muri Indonesia, Misiri na Ethiopia.
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yahuye n’abo bayobozi mbere yo kujya muri Abu Dhabi.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zo zohereje Khalifa bin Shaheen Al Marar, Minisitiri wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, aho kohereza minisitiri mukuru.
Kutumvikana hagati ya Iran na UAE
Mu ijambo rye rya mbere, Minisitiri wa Iran Abbas Araghchi yabanje kwirinda kuvuga UAE mu buryo bweruye, ariko nyuma yavuze ko atari ukwifata ahubwo ko yari agamije “kubungabunga ubumwe” bwa BRICS.
Araghchi yasabye BRICS kwamagana mu buryo bweruye ibyo yise “ukurenga ku mategeko mpuzamahanga” bikorwa na Amerika na Israel ndetse no gufata “ingamba zifatika zo guhagarika ubushotoranyi”.
Yagize ati:
“Twemera ko BRICS ishobora kandi igomba kuba imwe mu nkingi zikomeye zubaka isi irangwa n’ubutabera n’uburinganire, aho imbaraga zitagomba gusimbura ukuri.”
Ariko uhagarariye UAE, Al Marar, we yasabye ko Iran nayo yamaganwa kubera ibitero yagabye.
Ibyo byagaragaje umwiryane ukomeye uri muri BRICS nyuma y’uko Iran na UAE byombi bibaye abanyamuryango kandi biri ku mpande zihanganye muri iyi ntambara.
Nyuma y’uko ibihugu byose bivuze icyo bitekereza, Araghchi yongeye gusaba ijambo.
Nk’uko ibitangazamakuru bya Iran bibivuga, yavuze ko UAE yagize uruhare rutaziguye muri ibyo bitero kuri Iran. Yashinje UAE kwemera ko Amerika ikoresha ubutaka bwayo mu kugaba ibitero kuri Iran ndetse avuga ko indege za UAE nazo zagize uruhare muri ibyo bitero.
Iran kandi yanenze UAE kuba itaramaganye igitero cyagabwe ku ishuri ryo mu mujyi wa Minab ku munsi wa mbere w’intambara, aho Iran ivuga ko abanyeshuri bagera kuri 170 bapfuye.
Iran yavuze ko yo itigeze igaba ibitero kuri UAE ahubwo ko yibasiraga ibirindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri icyo gihugu.
Ariko UAE yahakanye ibyo birego, ivuga ko Iran yagabye ibitero ku bikorwa remezo by’ingufu ndetse n’ahandi hantu h’abaturage, kandi ko kuva ku wa 28 Gashyantare yahanuye drones na missiles zirenga 2,800 zoherejwe na Iran.
U Buhinde bwagerageje guhuza impande
Jaishankar wa India yavuze ko ari ingenzi ko inzira z’amazi mpuzamahanga nka Strait of Hormuz n’Inyanja Itukura zikomeza gukoreshwa neza kandi nta nkomyi.
Yanavuze ko ibihano bya bamwe ku bandi “bidashobora gusimbura ibiganiro bya dipolomasi”.
Yanaburiye ibihugu biherutse kwinjira muri BRICS ko bikwiye kubaha no gukurikiza amahame y’iri huriro.
Ku ruhande rw’ibiganiro byihariye, Jaishankar yahuye na Araghchi maze nyuma atangaza ko bagiranye ibiganiro “birambuye” ku bibazo byo mu karere n’umubano w’ibihugu byombi.
Nta mwanzuro uhuriweho wongeye kuboneka
Iyi si yo nama ya mbere ya BRICS inanirwa kumvikana kuri iyi ntambara.
Ku wa 24 Mata, u Buhinde bwari bwakiriye inama y’abadepite ba ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga ba BRICS ku bibazo byo mu Burasirazuba bwo Hagati, nayo irangira nta tangazo rusange risohowe.
Iran yashakaga ko hasohoka amagambo agaragaza ko Amerika na Israel ari zo zatangije intambara, mu gihe UAE yashakaga ko Iran nayo yamaganwa kubera ibitero yagabye ku bihugu byo mu kigobe cya Gulf.
Kuva intambara yatangira ku wa 28 Gashyantare, BRICS ntabwo irasohora itangazo na rimwe rihuriweho kuri iyi ntambara.
Mu nyandiko yasohotse nyuma y’inama yo kuri uyu wa Gatanu, havuzwe gusa ko “hari ibitekerezo bitandukanye hagati y’ibihugu bimwe na bimwe” ku bibazo byo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Iran ntiyabashije gutuma BRICS yamagana Amerika na Israel, ndetse na UAE ntiyabashije gutuma Iran yamaganwa.
Mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri Ambasade ya Iran i New Delhi, Araghchi yavuze ko UAE ari yo yabujije isohoka ry’itangazo rusange kubera umubano wayo wa hafi na Israel na Amerika.
Yagize ati:
“Impamvu rukumbi itumye itangazo ritajya hanze ni uko bashyigikiye Israel na Amerika mu bitero byagabwe kuri Iran, kandi ibyo birababaje cyane.”
Yanongeyeho ko igihugu gishingira umutekano wacyo kuri Amerika na Israel kidashobora kurindwa neza, kuko ibirindiro bya Amerika byahindutse inkomoko y’umutekano muke.
Nubwo nta mwanzuro ku ntambara wabonetse, ibihugu bya BRICS byemeranyije ku zindi ngingo zirenga 60 zirimo ubufatanye mu by’ingufu, ubucuruzi, ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga, ibijyanye n’ikirere ndetse no kuvugurura inzego mpuzamahanga.
Impamvu ibi bifite akamaro
Jauhar Saleem wahoze ari umudipolomate wa Pakistan yavuze ko ibi bitatangaje.
Yagize ati:
“BRICS ni ihuriro rifite ibihugu bikomeye, ariko buri gihugu gifite inyungu n’imyemerere ya politiki bitandukanye cyane.”
Ku kibazo cya Iran, yavuze ko kutumvikana byari byitezwe.
Yavuze kandi ko uburyo bwo gukora politiki mu matsinda y’ibihugu bugenda bugabanya imbaraga muri iki gihe kuko n’amashyirahamwe yari akomeye atangiye gutandukana.
Saleem yavuze ko Pakistan iri kugerageza kwigira umuhuza hagati ya Amerika na Iran, cyane cyane nyuma yo kwakira ibiganiro byabereye i Islamabad mu kwezi gushize.
Yongeyeho ko uburyo Pakistan ikoresha dipolomasi yitonze kandi idaheza impande ari bwo buyifasha kugirirwa icyizere ku rwego mpuzamahanga.
Discussions