Mu itangazo yasohoye, Tinubu yavuze ati:
“Ingabo zacu za Nigeria, zikorana bya hafi n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zakoze igikorwa gikomeye cyahungabanyije cyane umutwe wa Islamic State.”
Kwamamaza inkuru y’uru rupfu byabanje gutangazwa na Perezida wa Amerika, Donald Trump, wavuze ko Abu-Bilal al-Minuki yari “umuyobozi wa kabiri wa ISIS ku rwego rw’isi” ndetse ko yari “iterabwoba rikomeye kurusha abandi ku isi”.
Amerika yari yarashyize Abu-Bilal al-Minuki ku rutonde rw’iterabwoba mpuzamahanga kuva mu 2023.
Urupfu rwe rufatwa nk’igihombo gikomeye ku mutwe wa Islamic State nyuma y’urupfu rw’uwari umuyobozi wawo mukuru, Abu Bakr al-Baghdadi, wishwe mu 2019.
Yiciwe mu gace ka Lake Chad Basin
Tinubu yavuze ko al-Minuki yiciwe hamwe n’abamwungirije benshi mu gitero cyagabwe ku birindiro bye biri mu gace ka Lake Chad Basin.
Aka gace kagizwe n’ibiyaga n’ibishanga bihuriweho na Nigeria, Chad, Niger na Cameroon, kandi kamaze imyaka ari indiri y’imitwe y’iterabwoba nka Boko Haram ndetse na Islamic State West Africa Province (ISWAP).
Abasesenguzi bavuga ko Abu-Bilal al-Minuki ashobora kuba yarakomokaga muri Leta ya Borno mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria. Izina rye “al-Minuki” rikekwa ko ryaturutse ku mujyi wa Mainok, nk’uko bisanzwe bikorwa muri ako karere aho abantu bitirirwa aho bakomoka.
Yari umwe mu bayobozi bakomeye ba ISIS muri Afurika
Igisirikare cya Nigeria cyavuze ko iki gikorwa cyagenze neza kubera ubufatanye bushya hagati ya Amerika na Nigeria ndetse no gusangira amakuru y’ubutasi.
Cyatangaje ko al-Minuki yari amaze kuzamurwa mu nshingano zo kuyobora “General Directorate of States”, umwanya watumaga aba umwe mu bantu bakomeye cyane muri ISIS ku rwego rw’isi.
Mbere yaho, yari ashinzwe ibikorwa bya ISIS mu karere ka Sahel no muri Afurika y’Iburengerazuba, harimo ibitero byibasiraga abasivile ndetse n’amatsinda y’abaturage bake.
Igisirikare cya Nigeria cyanamushinje kugira uruhare mu ishimutwa ry’abakobwa bo ku ishuri rya Dapchi mu 2018, aho abakobwa barenga 100 bashimuswe na Boko Haram mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria.
Umuvugizi w’ingabo za Nigeria, Samali Uba, yavuze ko al-Minuki yanigeze gufasha kohereza abarwanyi muri Libya kugira ngo bashyigikire ibikorwa bya ISIS muri Afurika y’Amajyaruguru.
Mbere yo kwinjira muri ISIS mu 2015, yari umwe mu bayobozi bakomeye ba Boko Haram.
Boko Haram n’intego yayo
Umutwe wa Boko Haram watangiye ibikorwa byawo bya gisirikare mu 2009 ugamije gushyiraho ubutegetsi bushingiye ku mategeko ya kisilamu (Sharia) mu majyaruguru ya Nigeria.
Mu 2015, uyu mutwe watangaje ko wifatanyije na Islamic State nyuma y’uko uwari umuyobozi wawo, Abubakar Shekau, ashyize ubutumwa bw’amajwi kuri konti ya Boko Haram kuri X.
Intego yabo ni ugushyiraho “Caliphate”, igihugu kiyoborwa n’umuyobozi umwe wa politiki n’idini hakurikijwe amategeko ya kisilamu.
Trump yavuze ko ari intsinzi ikomeye
Trump yavuze ko urupfu rwa al-Minuki ari igihombo gikomeye ku miyoboro ya ISIS muri Afurika no ku isi hose, kuko rwahungabanije uburyo bwo kubona amafaranga ndetse n’imiyoborere y’uyu mutwe.
Yanashimiye leta ya Nigeria ku bufatanye, avuga ko:
“Minuki ntazongera gutera ubwoba abaturage ba Afurika cyangwa gufasha gutegura ibitero byibasira Abanyamerika.”
Ubufatanye bwa Amerika na Nigeria bukomeje kwiyongera
Nigeria na Amerika bikomeje kongera ubufatanye bwa gisirikare mu rugamba rwo kurwanya imitwe y’iterabwoba.
Muri Mata, Islamic State yavuze ko ari yo yagabye igitero cyahitanye abantu nibura 29 bari ku kibuga cy’umupira mu Ntara ya Adamawa muri Nigeria.
No kuri Noheli ishize, Amerika na Nigeria byagabye igitero cyo mu kirere muri Leta ya Sokoto cyibasiye imitwe ifitanye isano na ISIS.
Mu nama ya Africa CEO Forum yabereye i Kigali mu Rwanda, Perezida Tinubu yavuze ko ibibazo by’umutekano bidashobora gukemurwa n’igihugu kimwe cyonyine.
Yagize ati:
“Ibibazo by’umutekano bizahora bihari. Nta gihugu gishobora kubikemura cyonyine.”
Yanavuze ko no Trump ubwe ari kugirana ibiganiro n’u Bushinwa ku bibazo bya Taiwan, bityo Nigeria nayo igomba gukorana n’ibihugu by’abaturanyi ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga kugira ngo abaturage bayo bagire umutekano.
Ibibazo n'ibitekerezo