Ibi yabivuze ku wa Gatandatu, tariki ya 23 Gicurasi 2026, mu birori byo kwizihiza imyaka 20 y’ubufatanye hagati ya Oklahoma Christian University n’u Rwanda. Ibirori byahurije hamwe abarangije muri iyo kaminuza, abafatanyabikorwa, abatumirwa n’abayobozi batandukanye.
Perezida Kagame n’Umufasha we, Jeannette Kagame, nabo bitabiriye ibyo birori. Bombi kandi bahawe icyubahiro cyo kuba abarimu b’icyubahiro (honorary alumni) b’iyo kaminuza.
Perezida Kagame yavuze ko mu mwaka wa 2006, abanyeshuri 10 ba mbere b’Abanyarwanda bagiye kwiga muri Oklahoma Christian University binyuze muri gahunda ya Presidential Scholars Program. Uyu munsi, nyuma y’imyaka 20, hamaze kuboneka abarenga 700 barangije ayo masomo kandi bakora mu myanya ikomeye y’ubuyobozi, harimo abayobozi bakuru muri guverinoma ndetse n’abayobozi mu rwego rw’abikorera.
Yagize ati:
“Iterambere ry’iyi gahunda rigaragaza imbaraga z’ubufatanye burambye mu burezi mpuzamahanga n’uruhare rwabwo mu kubaka ubushobozi bw’igihugu.”
Yasabye abarangije muri iyo gahunda gukomeza guhagararira igihugu neza no gufasha abakiri bato bazabakurikiraho.
Ati:
“Nimukomeze mutubere intangarugero. Kandi nimugire uruhare mu gufasha no kuyobora abazaza nyuma yanyu. Uru rubuga mpuzamahanga rugomba kuba urubuga rw’igihugu rwo guhanga amahirwe.”
Perezida Kagame yashimiye kandi abafatanyabikorwa n’abaterankunga bakomeje gushyigikira iyo gahunda mu myaka 20 ishize, avuga ko byafashije Abanyarwanda benshi kubona amahirwe yo kwiga amashuri makuru.
Yongeyeho ko ubu bufatanye bwafashije u Rwanda kuba kimwe mu bihugu biri kuba ibigo bikomeye by’uburezi n’udushya muri Afurika, aho amashuri makuru mpuzamahanga agenda yiyongera mu gihugu.
Ati:
“Kimwe mu bisigaratso by’ingenzi by’ubu bufatanye ni uko u Rwanda rwabaye igihugu gifite amashuri makuru mpuzamahanga y’icyitegererezo. Ibi bihura n’icyerekezo cyacu cyo kuba igicumbi cy’udushya n’iterambere mu karere.”
Yanagaragaje ko uburezi bugomba kujyana no gutanga ubumenyi ngiro bufasha igihugu kugera ku iterambere rirambye ry’ubukungu.
Umuyobozi Mukuru wa Oklahoma Christian University, John deSteiguer, yavuze ko ubu bufatanye bwagutse bukava ku guhana abanyeshuri gusa, bukagera no ku kwagura gahunda z’amasomo no kongera umubare w’abanyeshuri.
Na ho Ivan Mbaraga, warangije muri iyo gahunda mu 2016 akaba anayobora Oklahoma Christian University Rwanda, yavuze ko abarangije ayo masomo bakora mu nzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bwa Leta n’ubucuruzi.
Yagize ati:
“Ingaruka nziza nyazo ntizipimirwa ku myanya abantu bafite, ahubwo zipimirwa ku buzima bahindura—mu buyobozi, mu bumenyi, mu guhanga udushya no gukoresha neza ubumenyi bafite.”
Yanavuze ko ubu bufatanye ari inshingano rusange yo gukomeza kubaka ejo hazaza h’abazadukomokaho.
Ibibazo n'ibitekerezo