Craig Randall yongeye kwitwara neza cyane atsinda amanota 43, afasha Tigers kugera muri ½ cy’irangiza.

Ikipe yo mu Rwanda yabonye umwanya umwe mu makipe ane azakina ½ cy’irangiza cya BAL 2026.

FUS Rabat yinjiye mu mukino ifite intego yo gukiza icyizere cyayo muri BAL, ndetse ibintu byari biyigoye neza kuko yari imbere n’amanota 21 mu gice cya mbere cy’umukino.

RSSB Tigers yagarutse neza mu mukino, ndetse ifata ikinyuranyo cy’amanota atandatu mu gace ka nyuma, ibintu byashimishije abafana benshi bari buzuye muri BK Arena ku nshuro ya kabiri muri uyu mwaka.

Ariko FUS Rabat yongeye kwisuganya isoza irushanwa ryayo itsinze umukino n’itandukaniro ry’inota rimwe gusa, itsinze imwe mu makipe yari amaze gutsinda amanota menshi muri iri rushanwa.

FUS Rabat yasoje BAL ifite intsinzi enye mu mikino irindwi yakinnye.

RSSB Tigers izahura na Al Ahly SC muri ½ cy’irangiza.

Ku Cyumweru nijoro, abakinnyi ba FUS Rabat berekanye isura itandukanye cyane n’iyo bagaragaje mu mukino wabanje, ubwo batsindwaga bikomeye iminsi itatu mbere yaho.

Nubwo benshi batekerezaga ko kugabanya ikinyuranyo cy’amanota 23 bidashoboka, Will Perry we yizeraga ko byose bishoboka.

FUS Rabat yatsindaga amanota atatu ku muvuduko udasanzwe, ihererekanya umupira neza cyane, bituma Tigers ihora iri mu gitutu igihe kinini cy’umukino.

Perry yabaye ikibazo gikomeye kuri RSSB Tigers, agaragaza ubuhanga bwo gutsinda amanota atatu no gutanga imipira ivamo amanota. Yatsinze inshuro 8 muri 15 yagerageje, harimo 5 muri 10 y’amanota atatu, asoza umukino afite amanota 29 na assists 11.

Mugenzi we Ilias Aqboub yongeyeho amanota 17, naho Mouhamadou Diagne atsinda amanota 17 anafata rebounds icyenda.

Ariko icyamamare cy’umukino cyongeye kuba Craig Randall, uyoboye abatsinda amanota menshi muri BAL uyu mwaka n’impuzandengo y’amanota 37.7 kuri buri mukino.

Mu minota ya nyuma y’agace ka kane, Randall yabonye uburyo bworoshye bwo gutsinda lay-up, ariko ahitamo kujya mu nguni atsinda amanota atatu ya cyenda n’iya nyuma muri uwo mukino, biha RSSB Tigers kuyobora umukino ku manota 98-97. Gusa Diagne yahise atsinda throws ebyiri za penaliti, zihesha FUS Rabat intsinzi.

Randall yagerageje gutera inshuro zingana na kimwe cya gatatu cy’amasasu 85 ya RSSB Tigers, asoza afite amanota 43 — amanota ya kabiri menshi amaze gutsinda kuva yashyiraho agahigo ka BAL ko gutsinda amanota 54 muri Werurwe.

Mu gihe BAL irangiye kuri FUS Rabat, RSSB Tigers izaruhuka iminsi itatu mbere yo guhura na Al Ahly SC muri ½ cy’irangiza ku wa Gatatu, tariki ya 27 Gicurasi.

IBYAVUZWE NYUMA Y’UMUKINO

Abdelkarim El Haoua (FUS Rabat)

“Ni twe twari ikipe nziza kurusha indi kuri uyu mugoroba kandi twari dukwiye gutsinda. Ikibabaje ni uko hari abakinnyi b’ingenzi batakinnye kubera ibibazo by’ubuzima. Ariko twerekanye Afurika icyo FUS Rabat ishoboye. Iyo tuba dufite ikipe yuzuye twari gukora byinshi birushijeho.”

“Iyi ntsinzi yibukije abantu bose umwirondoro wa FUS Rabat nk’ikipe ikomeye. Tugiye gusubira muri Maroc dukosore amakosa twakoreye hano kandi twibande kuri shampiyona y’imbere mu gihugu.”

“Itandukaniro ryagaragaye uyu munsi ni uko umukinnyi wacu utsinda amanota menshi, Will Perry, yari yagarutse mu kibuga. Tuzi neza icyo gukinira mu rugo bivuze, aho abafana batanga imbaraga zidasanzwe. Ntidwigeze dutinya, kandi ndabasezeranya ko tuzagaruka turi abanyembaraga kurushaho.”

Antino Jackson Jr. (RSSB Tigers)

“Bakwiye gushimirwa uburyo barwanye umukino kugeza ku munota wa nyuma, ariko ubu igihe kirageze cyo gutekereza kuri Al Ahly no kwitegura urugamba rutaha. Abafana batanze atmosphère idasanzwe, kandi turabashimira uburyo badushyigikiye ubudahwema.”